Hatangijwe ubukangurambaga “WARIKINGIJE” bukangurira abacuruzi n’abikorera muri rusange kubahiriza amabwiriza yo kwirinda #Covid19 no gufata Urukingo
Ubuyobozi bw'Intara ku bufatanye n'Ubuyobozi bw'urugaga rw'Abikorera muri iyi Ntara ku wa Kane tariki ya 23 Ukuboza 2021 batangije ubukangurambaga bwiswe ‘’WARIKINGIJE?" bugamije kongera imbaraga mu gukangurira abacuruzi n'abikorera muri rusange kubahiriza amabwiriza yo kwirinda #Covid19 no gufata urukingo.
Guverineri CG Emmanuel K.Gasana ari kumwe n'Umuyobozi wa Polisi mu Ntara CP Emmanuel Hatari n'abandi bayobozi mu nzego zitandukanye bifatanyije n'Ubuyobozi bwa PSF ku rwego rw'Intara n'ubuyobozi bw'Akarere ka Bugesera mu gutangiza ubu bukangurambaga.
Guverineri yibukije abaturage ko iki ari igihe cy'amahirwe akomeye aho ubuyobozi bw'Igihigu buramgajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame butabara abanyarwanda kugirango bagire ubuzima bwiza bikingije iki cyorezo cya Covid19. Yashimiye abamaze kwikingiza icyorezo cya Covid19 n'abantu bose bagira uruhare mu gukangurira abaturage kwikingiza, asaba abatarabikora kwihutira gufata urukingo bityo bakomeze bagire ubuzima bwiza.
Ubu bukangurambaga buzamara icyumweru (23-30/12/2021) burakorerwa mu Mirenge 95 igize Intara y'Iburasirazuba aho Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze,ubw'abikorera, inzego z'umutekano,imboni za PSF bakangurira abacuruzi ibi bikurikira:
1. Kwambara neza agapfukamunwa,
2. Guhana intera, muri za Centres z'ubucuruzi/mu masoko,...
3. Gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyura ibicuruzwa
4. Kugira ibikoresho by'isuku (Handsanitizer cg Kandagirukarabe) no kubikoresha neza
5. Kwitabira gufata urukingo rwa #Covid1 ku batarikingiza.
Guverineri CG Emmanuel K. Gasana yabwiye abaturage ko muri iyi Ntara hashyizweho ubukangurambaga bwihariye bwo kwirinda icyorezo cya covid19 no gukangurira abaturage gufata urukingo. Hakaba hari kwibandwa mu bigo by'amashuri, mu masoko, mu makoperative, mu nsisiro, mu nsengero n'ahandi hahurira abantu benshi hagamijwe gushishikariza buri wese kwirinda Covid19 no kwikingiza.