Hasojwe amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup

Mu Karere ka Nyagatare hasorejwe amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup, kuri uyu wa 07 Gicurasi, aho muri rusange akarere ka Gatsibo kaje ku isonga mu gutwara ibikombe byinshi mu mikino inyuranye.

Ni amarushanwa yatangiriye mu tugari, amakipe akagenda akuranamo kugeza ku rwego rw’igihugu, kuri ubu amarushanwa yari ageze ku rwego rw’Intara, buri karere mu turere turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba kahagarariwe n’umurenge watsinze mu bahungu n’abakobwa bitewe n’umukino uwo murenge watsinzemo.

Amarushanwa yo ku rwego rw’Intara yatangiye tariki ya 27 Mata, naho kuri uyu wa 07 Gicurasi haba imikino ya nyuma, aho amakipe yageze kuri uyu mukino wa nyuma ari nayo azahagararira Intara y’Iburasirazuba ku rwego rw’igihugu.

Uko amakipe yatsindanye ku mikino ya nyuma

Mu mupira w’amaguru mu bagabo ikipe y’Umurenge wa Ngarama yo muri Gatsibo yatwaye igikombe itsinze Umurenge wa Nasho ya Kirehe ibitego 4 kuri 2.

Mu bagore, igikombe cyatwawe n’Umurenge wa Murambi muri Gatsibo batsinze Kamabuye ya Bugesera ibitego 1-0.

Mu mukino wa Basketball, abagabo hatsinze ikipe yari ihagarariye Akarere ka Gatsibo, itsinda iyari ihagarariye Akarere ka Rwamagana amanota 37-34.

Naho mu bagore ikipe yari ihagarariye Akarere ka Gatsibo yatsinze iyari ihagarariye Akarere ka Bugesera ku manota 39-34.

Volleyball mu bagabo ikipe yari ihagarariye Akarere ka Ngoma yatsinze iyari ihagarariye Akarere ka Kirehe amaseti 3-1.

Mu bagore, ikipe yari ihagarariye Akarere ka Ngoma nayo yatsinze iyari ihagarariye Akarere ka Kirehe amaseti 3-0.

Sitball mu bagabo ikipe yatwaye igikombe ni iy’Akarere ka Kirehe, naho mu bagore igikombe cyatwawe n’ikipe y’Akarere ka Ngoma.

Gusiganwa ku maguru (Athletism)

Muri metero 100 mu bagabo hatsinze Sangayezu Aime wo mu Karere ka Kirehe, naho mu bagore hatsinda Uwurukundo Ester wo mu Karere ka Rwamagana.

Muri metero 400 mu bagabo hatsinze Hakorimana Ildephonse wo mu Karere ka Bugesera naho mu bagore hatsinda Nyirazuba Adeline wo mu Karere ka Nyagatare.

Muri metero 1,500 mu bagabo hatsinze Ndayisaba David wo mu Karere ka Bugesera naho mu bagore hatsinda Mutuyimana Epiphanie wo mu Karere ka Nyagatare.

Muri metero ibihumbi 10 mu bagore hatsinze Mutuyimana Epiphanie wo mu Karere ka Nyagatare.

Gusimbuka urukiramende, mu bagabo uwahize abandi ni Sangayezu Aimé wo mu Karere ka Kirehe naho mu bagore ni Mutoniwase Joyeuse.

Mu kubuguza (Igisoro), mu bagabo uwarushije abandi kubuguza neza ni Hategekimana Elisa, uyu akaba ari umusore utarengeje imyaka 25 wo mu Karere ka Kayonza, naho mu bagore umukecuru witwa Dusabemariya Immaculée wo mu Karere ka Bugesera ni we wahize abandi mu kubuguza.

Mu magare, mu bagabo uwasize abandi ni Manirumva Elisa wo mu Karere ka Bugesera, naho mu bagore uwasize abandi ku igare ni Mukabikorimana Leatitia wo mu Karere ka Kirehe

Mu gusoza aya marushanwa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Gasana K. Emmanuel yibukije abari bitabiye iyi mikino ko aya marushanwa agamije kwimakaza imiyoborere myiza mu baturage.

Mu kiganiro gito yagiranye n’itangazamakuru yagize ati: “Aya marushanwa yatangijwe nyuma y’amatora ya Perezida wa Repubulika mu mwaka wa 2010, bivuze imiyoborere myiza, ni uburyo bwo kumushimira imiyoborere myiza uburyo ayoboye Igihugu, uburyo ayoboye abanyarwanda, ariko muri ibyo byose tugashyiramo n’umunezero.”

Amakipe yatsinze agiye gukomeza imyiteguro yo kuzaserukira Intara y’Iburasirazuba ku rwego rw’Igihugu,  akaba yasabwe kuzitwara neza akazana ibikombe.

Back