Amakipe yageze ku mukino wa nyuma w’Umurenge Kagame Cup yamenyekanye
Mu marushanwa Umurenge Kagame Cup 2025 ku rwego rw’Intara mu mupira w’amaguru, umukino wa nyuma uzahuza ikipe y’Umurenge wa Kirehe wo mu Karere ka Kirehe ndetse na Murambi ihagarariye Akarere ka Gatsibo mu bagabo, naho mu bagore, ikipe y’Umurenge wa Gahara ihagarariye Akarere ka Kirehe izahura n’Umurenge wa Gishari uhagarariye Akarere ka Rwamagana. Umukino ukazaba ku itariki ya 30 Werurwe 2025, kuri sitade y’Akarere ka Ngoma ari nabwo hazasozwa Amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba.
Ikiye y’Umurenge wa Murambi yageze ku mukino wa nyuma isezereye ikipe y’Umurenge Gishari kuri za penaliti 4-3, naho Umurenge wa Gahara watsinze Kiyombe 3-0 mu mikino yabaye ku wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe 2025.
Mu yindi mikino ya ½ yabaye kuwa 14 Werurwe 2025, ikipe y'Umurenge wa Fumbwe ihagarariye Akarere ka Rwamagana yasezereye iy'uwa Kirehe, ihagarariye Akarere ka Kirehe igitego 1-0, naho ikipe y'Umurenge wa Kirehe itsinda iy'uwa Kabarondo ibitego 5-0.
Biteganyijwe ko Amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’Intara, azasozwa ku cyumweru tariki ya 30 Werurwe 2025, akazasorezwa mu Karere ka Ngoma.